Ibyavuzwe n'abahanga 13

Igitabo cyaciwe ku isoko icyo kigurwa rwihishwa ni nacyo kigurwa cyane ahubwo kurusha byabindi bizererezwa ku mihanda bimanitse mu maguriro y'ibitabo hirya no hino.

Imwe mu mpamvu nkeya zatuma ukunda abanzi bawe aho kubagendera kure bizagufasha kubagenzura kuko hari amakosa yabo uzabamenyeraho nubiginzura neza iyo ni serivisi nziza bazaguha utavunitse ubundi wakabishyuriye,

Abanzi beruye babyitangarije abafite icyo bagutwara cyangwa gihari kubihmuraho kwanabamaraho ahubwo wabigenzuye neza ni ukubasuzugura bya nyabyo ukirinda kugira icyo ukora na kimwe cyangwa ubabwira,

Ujye wemera agahinda waterwa n'amakosa wakoze uko waba wabimenye uko ariko kose mu gihe haba hari n'abagukuriye wihutire kubasaba imbabazi bwangu bazahugira ku ntege nkeya wagaragaje kuruta amakosa yawe bizaguha umwanya wo kwikosora no kuzamuka mu ntera mu gihe uzahitamo kujya impaka nabo bazagusenyera hasi ku mutambiko ubanza w'urwego ntuzahava .

Mu byo ukora byose n'ibindi wageraho uzagure ubutaka nta ruganda rukora ubutaka cyangwa rwigeze rubukora rwabayeho buri centimetero y'ubutaka ku isi ifite nyirayo nibitaba ibyo weho uzabaho nk'uba mu kirere kuko uzishyurira aho uzifuza gukandagiza ibirenge cyangwa kurambika umusaya byonyine uzava ku isi nk'utayikomokaho uwayibayeho ari umugenzi yihitira ikibazo ni uko ntawundi mu bumbe uzaba ufiteho inkomoko.

Igishoro guhambaye ku bumenyi uko kingana kose ushaka ikiguzi cyabyo ukishyura kuko ntakindi gishobora kuvamo urunguko n'inyungu zibisumba.

Ikintu kibi kurusha umutima uteye nk'ibuye ku buryo ntakiwukoraho cyangwa ngo kiwujyemo kuko icyawugwaho cyose gitaruka ni ukugira noneho umutwe urimo ubwonko bworoshye nk'amazi uwo wo ikiwugwaho cyose kiwujyamo kikawugumamo byaba byinshi ugahinduka nk'igikoma uwo we aba agendesheje.

Azaba amahoro kandi ahorane umugisha uwo ariwe wese udafite icyo ategereje kubantu kuko atazarwana nabo ngo arakaranwe nabo bidashira ngo bahemutse babeshye bagambanye cyangwa hari ibyo batakorewe uko yabyumvikanyeho nabo ibyo uzabimenya neza ko urukundo wiha ubwawe ntawe uzarukwambura cyangwa ngo arukurwanyeho ni nk'impano ushaka ukayiha weho ubwawe nta n'uzayikwima ariweho uyiha.

Ibyago bidasanzwe besnhi bafitye mu isi ni ukunyurana n'amahirwe cyangwa ibindi byakagize icyo bibamarira kuko iyo bukomanze ku irembo busanga bo badahari baba bagiye he ntahandi hatari iyo mu bikari gushakayo utubabi tw'ibyatsi bitera ishaba nonoho bakanyurana nayo ikomanga ku marembo y'inzu zabo bibereye iyo mu bikari.

Igihe cyose uzabazwa niba hari icyo uzi gukora mukazi runaka cyanga hari ubumenyi ubifitiye ntuzigere uzuyaza mu gusubiza ko uri inzobere muribyo ni iyo byaba ataribyo utazi n' iyo biva cyangwa bijya ako kanya uzahagarike ibindi uhugire mu kubyiga uwakubonyemo ubushobozi n'ubunararibonye siwe wo kutabyibonamo ntuzateshe agaciro ikizere abandi bagufitiye uzabyiga ubimenye byose mugihe gito ntawe uzatenguha mu gihe wabigenza utyo , ibyo utamenya ni ibitabaho cyangwa ibyo utize gusa.